Tag Archive | kinyarwanda

Umuyobozi (3/3)

(paje yabanje)

Nuko umunsi wambere urangiye, nuko hakurikiyeho iminsi y’insinzi. Nakintu cy’ agaciro cyane cyabaye, uretse ibintu bidafite agaciro cyane: barasitaye babanza agahanga mucyobo noneho bikuba ku inzitiro z’amahwa ndetse no mubihuru by’inkeri; banyura mubihuru by’amahwa; benshi bavunitse amaboko n’ amaguru; bamwe batahanye ibikomere ku mutwe. Ariko ibi byose barabyihanganiye. Abasaza bake nibo bapfiri ku muhanda. Muburyo bwo gushishikariza abandi gukomeza umuvugizi yaravuze ati – “tutitaye ko bapfiriye kumuhanda nubundi iyo bazakugumurugo barikuzapfa”.

Abana bake bari hagati y’umwaka umwe n’ibiri nabo barapfuye. Ababyeyi birengagije akababaro k’urupfu rw’abana babo kubera bwarubushake bw’Imana bati – “bashoboraga gupfa nu’ubwo bari gusigara m’urugo”. Umuvugizi yakomeje abihanganisha avuga ati “hapfuye abana bake kandi bato, ubwo rero akababaro nigake. Kandi Imana iha ababyeyi kudatakaza abana mugihe bageze mugihe cyo kuba barushinga. Niba abana rwarirwo rugendo rwabo, rero biba byiza ko bapfa hakiri kare. Rero akababaro ntago gakwiye kuba kenshi iyo bapfuye hakiri kare.” Bamwe bizengurukijeho ibyenda kumutwe bipfutse ibikomere abandi bikandisha ibintu bikonje kubikomere. Bamwe bagiye batwaye amaboko yabo azirikiye kurutugo kubera yari yavunitse. Bose imyenda yariyabacikiyeho banakomeretse, ariko ibyo ntago byabaciye intege bakomeje urugendo bishimye. Ibibyose bari kubyihanganira iyo bataza kwicwa n’inzara igihe kinini. Ariko bari bafite gukomeza.

Umunsi umwe, ikintu kingenzi cyarabaye.

Umuyobozi yarimbere, azengurutse nabantu badatinya mwitsinda ryose. (Babiri barabuze ntawe waruzi iyo bari, byafatwagwa nkaho bari bagambanye barangiza bagahunga). Mumuhango umwe umuvugizi yavuze kubushirasoni bwabo bagambanyi. Bake bonyine bizeragako abo babiri bashoboye kuba abapfiriye munzira ariko ntago bigeze bavuga igitekerezo cyabo kugirango batavuguruza abandi. Abandi mwiryo tsinda bari babari inyuma . bitunguranye hacitse ikinogo kinini m’urutare – ikinogo kirekire. ubutumburuke bwaho bwari imanga kuburyo batari kubona uko bakomeza. Nababandi bashirika ubwoba barahagaze bareba umuyobozi. Bubitse imitwe bafite ibitekerezo byinshi, banumiwe, yigiyi imbere ashize amanga akoza inkoni imbere iburyo n’ ibumoso, nkuko yabyumvaga muburyo bwe. Benshi bavuzeko ibi byatumye yubahwa kurushaho. Ntiyigeze areba umuntu n’umwe cyangwa ngo agire icyo avuga. Ntabwoba bwagaragaraga mu isura ye kuko yakomeje yegera ikinogo. Ndetse naba bagabo bibihangage muribo baratinye ariko nta numwe wagerageje kwihanangiriza umuyobozi wabo warufite umurava. Yateye intambwe ebyiri ahita agera kumwisho. Mubwoba bwinshi amaso yabo akanuye banatitira. Babagabo bashirika ubwoba bashakaga kujya kubuza umuyobozi gukomeza kugenda nubwo byasaga nko kwica amategeko, umuyobozi ateye intambwe imwe, ebyiri ahita agwa mukinogo. Basigaye bahungabanye, bamwe bararira n’akababaro kenshi, barasakuza, bagira ubwoba. bamwe batangira guhunga.

– Mube muretse, bavandimwe! Kuki muri kwihuta? Ubu nibwo buryo bwo kurinda ijambo ryanyu? Tugomba gukurikira uyu munyabwenge kuko azi icyo ari gukora. Yaba ari umusazi yiyahuye. Tugende, tumukurikire! Iki nicyo kigeragezo kinini gishobora kuba ari nacyo cyanyuma. Ntawamenya? Ushoboye gusa inyuma y’ iki kinogo twahasanga ubutaka bwiza, bwera Imana yaduteguriye. Tugende! Ntakwitanga ntaho twagera – iyo yari inama umuvugizi yagiriye bagenzibe bityo rero atera intambwe ebyiri agwa mukinogo. Amaze kugwamo babagabo bashirika ubwoba baramukurikira.

Bitewe nuko bariraga, ba niha, banakomera, nakababaro barikumanuka mwicyo kinogo. Nta numwe watekerezaga ko hari numwe uri burokoke, cyangwa ngo avemo adakomeretse cyangwa yuzuye, Ariko ikiremwa ni ikidahangarwa . mubusanzwe yari umunyamahirwe kubera yamanukaga afata kubiti nibindi bihuru bituma agera hasi adakomeretse yashoboye kwisuganya ava muri icyo kinogo. Mugihe hari harabakiri kurira bamanuka muri cya kinogo wamuyobozi yaricaye hejuru mumutuzo mwinshi araceceka. Bamwe mubari bakomeretse numujinya mwinshi batangiye kumuvuma ariko ntiyabiha agaciro. Abanyamahirwe bashoboye gufata kubiti barikugwa batangiye kuzamuka. Bamwe bakomeretse kumutwe, amaraso yuzuye mu maso. Ntan’umwe warudafite ibikomere uretse umuyobozi. Bose baramukanuriye mukababaro kenshi ariko ntiyigeze yubura umutwe we. Yaracecetse ari no gutekereza kubyaba.

Uko igihe cyagendaga gishira. Umubare wabo wagendaga urushaho kugabanuka. Burimunsi wajyanaga abawo. Bamwe babavuyemo basubira inyuma.

K’umubare mwinshi wabatangiye, makumyabiri gusa nibo basigaye. Umunaniro, ntacyizere bashidikanya, bafite inzara ibyo byose ntibyabagaragaragaho mu maso ariko ntanumwe wigeze avuga. Baribacecetse nk’umuyobozi wabo bakomeza kugenda gake gake. Nawa muvugizi wabo wumu nyamyuka yakomeje kuzunguza umutwe yihebye. Inzira mubyukuri yarikomeye.

Umubare wabo wakomeje ugabanuka buri munsi ugera kw’icumi  bonyine. Mu maso yabo batakaje icyizere, bakomeje kubabara no kwitotomba aho kuganira.

Bagaragaraga nk’abafite ubumuga bw’amaguru kurenza uko bagaragaye nk’abagabo. Bamwe bagendera ku imbago. Abandi amaboko yabo azirikiye mu ijosi. Ibiganza byari bipfutse. Yewe niyo bari gushaka kongera kwita ntago byari kubakundira kuko umubiri wabo ntago wari gushobora kongera kwakira ibindi bikomere.

Nababandi bari bakomeye banatinyuka baribatangiye gutakaza ikizere ariko bakomeza guhatana bajya imbere; nukuvuga ngo , bakomeje kugenda batonekara, bitotomba, mububabare bwinshi. Ubundi se niki bari gukora niba batarashoboraga gusubira inyuma? Twaritanze bishoboka none tureke urugendo?

Izuba rirenze. Bagendera kumbago, barebye imbere Babura umuyobozi. Bateye intambwe imwe imbere bahise bagwa mukindi kinogo.

Bumvikanye bataka-yebaba we ukuguru kwange, ukuboko kwange! Barira bana sakuza. Ijwi rimwe ridafite imbaraga ryumvikanye rivuma umuyobozi ariko rihita riceceka.

Mugihe izuba ryari rirashe, uuyobozi yari yicaye, agisa nakwakundi yasaga kumunsi wambere bakimutora. Ntampinduka muburyo yagaragaraga.

Umuvugizi yazamutse mu inogo, akurikirwa na babiri. Bataye isura buzuye amaraso, bahindukiye ngo barebe abasigaye basanga aribo gusa basigaye. Ubwo bwo gupfa no kubura ibyiringiro byuzuye imitima yabo. Agace barimo ntago bari bakazi, karakimisozi, ibitare, nta ninzira. Nyamara iminsi ibiri ishize bari bageze kumuhanda ariko bawusiga inyuma. Umuyobozi abayobora muriyo nzira.

Batekereje kunshuti na abavandimwe benshi bapfiriye kuri ururugendo ruteye ubwoba. Agahinda karutaga ububabare buri muri za mbavu zabo zavunaguritse. Bari babonye kwangirika kwabo na amaso yabo.

Umuvugizi yazamutse hejuru ku umuyobozi atangira kuvuga mu ijwi rinaniwe, rwuzuye agahinda, n’ubusharirere.

– Turi kujyahe?

Umuyobozi araceceka.

– Uri kutujyanahe kandi utuvanyehe? Twashyize ubuzima bwacu nubw’ imiryango yacu turagukurikira. Dusiga ingo zacu inyuma, nimva zabasekuruza bacu twiringiye tugiye gukira ubutaka butera. Ariko wowe uratwangije muburyo. Hari imiryango igera muri maganabiri ikuri inyuma ariko reba ubu turi bangahe?

– Ushatse kuvuga ko buri wese atari hano? Byavuzwe n’umuyobozi mu ijwi rito ateguye umutwe.

– Nigute wabaza icyo kibazo? Reba hejuru urebe! Bara turi bangahe dusigaye hano kuri uru rugendo! Reba ku isura turimo ubu byari kuba byiza iyo dupfa aho kumugara gutya.

– Ntago nshobora kukubona!

– Kubera iki?

– Ndi impumyi.

Bose bahise baceceka

– Wahumiye muri ururugendo?

– Navutse ndi impumyi.

Batatu batakaza ikizere.

Umuyaga wo murugaryi warahushye ugaragaza ko hagiye kuba ikibazo mu misozi amababi y’ibiti atangira kugwa. Ibihu bitwikira imisozi, mukirere hagaragara nkahari amababa y’igisiga kinini agaragarira mubukonje n’amashayi. Bumva ijwi rimenyekanisha ibyago. Izuba ryari rikingirijwe n’ ibicu byakomezaga birizenguruka.

Batatu bararebanye bafite ubwoba

– Turajyahe ubu? – Umwe niko yavuze mwijwi rito.

– Ntago tubizi!

 

Muri Belgrade, 1901.
Kuri Radoje Domanović inyandiko ze zasobanuwe mu Ikinyarwanda na Niyonizeye Donatien, 2021.

Umuyobozi (2/3)

(paje yabanje)

Kumunsi ukuricyiraho buri wese yari afite ishyaka ryo kugenda urugendo rurerure nk’uko basezeranye. Imiryango irenze magana biri yahuriye aho bavuganye. Bacye nibo basigaye kungo zaho babaga.

Byari bibaje kureba imbaga yabantu badafite cyiregera bateshejwe ubutaka bavukiyeho, aho ba sogokuruza bashyinguwe. Amasura yabo yari ananiwe kandi bakubiswe nizuba cyane. Umubabaro wimyaka myinshi bakora wabagaragaraho ukerekana ishusho yo gushoberwa nagahinda kenshi. Ariko kuriyi nshuro hari agashusho kicyizere. Amarira yatangiye gutemba kumatama yabasaza biruhutsaga umutima, mu ugushoberwa kwinshi bazunguza umutwe. Bumvaga bakwigumira aho, bakiryamira kuri ayo mabuye kuruta kujya gushaka ahari ubutaka bwiza ngo ariho batura. Benshi mubagore baraganye, batera urusaku hejuru kubwabo bapfuye kuko imva zabo zari ziraho.

Abagabo bageragezaga gushyira intwari imbere banasakuza, “ni byiza murashaka gukomeza kubabarizwa kuri ubu butaka bwavumwe mukomeze kuba muri ubu buvumo?” Mu iby’ukuri bakagombye kuba barakunze ibyiza muri byo kugirango bashyire uduce twose tubi n’ubuvumo bubarimo niba byarashobokaga.

Hari hari urusaku rusanzwe n’induru by’abantu benshi. Abagabo n’abagore babuze aho baruhukira. Abana bari kuririra mumigongo y’ababyeyi babahetse. n’amatungo yo murugo ntagoyari yorohewe. Ntago hari hari inka nyinshi, ibimasa bito bigenda bizenguruka hirya hino, ingamiya z’imitwe minini n’ibinono bibyibushye, ibikapu hamwe nibikapu byo muntoki kumigozi ijya hejuru y’ingamiya. Kuburyo inyamaswa ntoya zishobora kujyaho. Yakomeje kubitwara buri gihe izindi zari zitwaye utwanana dutoya. abana bari barigukurura imbwa mu izosi, ivuga, zisakuza, zirira, zimoka. Zose ziri hamwe. ndetsen’indogobezabiye igihe gito. Ariko umuyobozi wazo ntiyakoma, nkaho ikibazo kitamurebaga muri rusange. Umuntu wa nyawe.

Yaricaye atekereza atuje, yubitse umutwe. Kuva ubwo icira hasi; nibyo yakoraga. ariko ugendeye kumico ye iteye ubwoba, kumenyekana kwe, byagiye byiyongeracyane kuburyo yasaga n’uwanyuze mumazi n’umuriro, nkuko babimubwiye. Ikiganiro gikurikira kigomba kuba cyarumviswe.

– Tugomba kwishima kuba twarabonye uyu mugabo. Ese twari gukomeza tutamufite, Mana ntiwabikoze! Tuba twarapfuye. Afite ubwenge buzima, ndakubwiye ngo ! aratuje. Ntajambo yigeze avuga! Yavuze rimwe mugihe yarebanaga umuyobozi icyubahiro n’ishema.

– Yavuze iki? Umuntu uvuga byinshi atatekereje cyane. Umuntu usobanutse mubyukuri! aratekereza neza ntavuge, – yongeraho ko yitegereje umuyobozi n’icyubahiro ndetse n’ubwoba.

– Ntago byoroshye kuyobora abantu benshi! Yagombaga gukusanya ibitekerezo bye kuberako yari afite akazi gakomeye mubiganza bye, – byavuzwe byambere nanone.

Igihe cyarageze ngo batangire. Bategereje akanya. Ngo barebe niba hari uzahindura ibiterekerezo ngo aze bajyane nabo, arikokuko ntanumwe waje, ntago bagombaga gutegereza gufata umwanzuro.

– Kuki tutagenda? – babajije umuyobozi.

Yarahagurutse ntihagira icyo avuga.

Abagabo babanyamurava bamuhuriyeho ako kanya kumuba iruhande mugihe cy’ibibazo cynangwa ubutabazi bwihuse.

Umuyobozi, ababaye, yubitse umutwe hasi, agenda gacye gacye, ashinjagiza inkoniye imbere mucyubahiro cye. Igikundi cyakomeje kumugenda inyuma gisakuza inshuro nyishi. “Urakabaho muyobozi wacu!” yakomeje gutera intambwe agera kumarembo y’igikuta cy’urusisiro. Aho, karemano, Yarahagaze igikundi nacyo kirahagarara. noneho umuyobozi yasubIye inyuma gacye akubita inkoni ye kugipangu inshuro nyinshi.

– Urashaka ko dukora iki? – niko bamubajije.

Ntiyagira icyo abasubiza.

– Niki twagombaga gukora? Senya uruzitiro! Icyo nicyo twakoze! Ntago ubona ko yatwerekesheje inkoni ye icyo dukora? – abahagaze iruhande rw’umuyobozi barasakuje.

– Hari umuryango! Hari umuryango! – barijije abana babashyira kumarembo bahagarara barebana nabo.

– Ceceka, bucece, umwana!

– Imana idufashe, niki kijya mbere? – abagore bake barizengurutse.

– S’ijambo! Azi icyo gukora. Gusenya uruzitiro.

Mubigaragara uruzitiro rwari hasi nkaho rutahigeze.

Banyura muruzitiro.

Gake gake bagenze intabwe ijana, ubwo umuyobozi yirukiraga mubihuru by’amahwa manini akanahagarara.

Muburyo bugoye yabashije kwikuramo ubwo atangira kugenza inkoni mubyerekezo byase.

Ntanumwe wabiteguye.

– Nonen’iki kigenderewe ubu? – abacecekesha abariinyuma.

– Tema ibihuru by’amahwa! Abari bahagaze iruhande rw’umuyobozi bararira.

– Hari umuhanda, impande yi gihuru! Hariya niho! – basakurisha abana nabandi benshi bari inyuma.

– Hari umuhanda! Hari umuhanda! – abari iruhande rw’umuyobozi batera hejuru, babisubiramo bababaye. – None nigute impumyi izi aho itujyanye? Uwariwe wese ntagomba gutanga amategeko. Umuyobozi azi ibyiza ndetse ninzira yabugufi. Muteme ibihuru by’amahwa!

Binjiramo kugirango bategure inzira.

– Ooh! – arataka uwarufashwe n’ihwa mukiganza ndetse nuwarufashwemumason’ishami ry’igiti cy’inkeri zumukara.

– Bavandi, ntacyo mwabonera ubusa. mugomba kwitanga kugirango mukigereho, – ushiritse ubwoba mw’itsinda arasubiza.

Baciye mubihuru nyuma y’imbara nyinshi kandi bakomeza imbere.

Nyuma yoguhangayika gato, banyura kuruzitiro. Ibinabyo, barabisenye

Nuko barakomeze. Hato cyane niho hatwikiriwe kumunsi wambere kuko bagombaga gukemura byinshi, imbogamizi zisanzwe.

Nibi kubyokurya byose bidahagije kuko bamwe bazanye amandazi gusa na forumaje idahagije naho abandi baribafite imikati gusa yakubakiza inzara, bamwe ntanakimwe baribafite. Kubwamahirwe byari mumpeshyi kuko bahabonye ibiti byimbuto.

Rero, nubwo k’umunsi wambere bongeyeho gato, bararushye cyane. ntabyago birenze byabayeho ntanimpanuka. Mubisanzwe mugukora ibintu nkibi byagahawe agaciro gake:

Ihwa rijomba umugore umwe kwijisho ryibumoso, ryari ritwikiriwe numwenda utose;umwana umwe akubita ikirenge kungeri yigiti anavuza induru agenda anababara;umusaza agwa mumi keri avunika m’ukagomba mbari; nyuma bashiraho igitunguru, umugabo yihanganiye ububabare agendera kunkoni ye, vuba nuburibwe begera umuyobozi. (Mubyukuri, abantu benshi bavuze ko umusaza yabeshye k’ubyakagombambari, gusa ko yajijishaga kuko yari akumbuye gusubirayo. ) Vuba, hari bake batari badafite amahwa kumaboko cyangwa isura yangiritse. abagabo bihanganiye byose naho abagore bo bariho baganya buri saha naho abana bararize. Mubisanzwe, kuko batiyumvishaga izomvune zose n’ububabare, bari buzahembwe neza.

Kenshi ku ibyishimo n’umunezero bya buri muntu, ntanakimwe cyabaye kumuyobozi.

Mbese, tuvugishije ukuri, yararinzwe cyane, ariko kugeza ubwo, umugabo yari umunyamahirwe. Mwijoro ryambere mu inkambi, burumwe yarasengaga ana shimira Imana ko iminsi y’urugendo rwabo yarangiye amahoro kandi ntanakimwe, ntan’umwaku umuyobozi yahuye nabyo. Nuko umugabo uzi kwihangana cyane atangira kuvuga. isuraye yari yarangijwe n’amashami y’inkeri z’umukara, gusa ntiyabyitaye ho.

– Bavandi, aratangira. umnsi umwe w’urugendo yarabeshye birakunda inyuma yacu, shimira Imana, umuhanda nti wari woroshye, ariko twihangane kuko twese tuziko iyi mihanda igoranye izatugeza ku ibyishimo. Mana urinde umuyobozi ikibi cyose kugirango akomeze atuyobore neza.

– Ejo nzabura irindi jisho ryanjye ibintu nibikomeza kugenda nk’uyumunsi – umwe mubagore yavuganye uburakari.

– Oooh! Ukuguru kwanjye we! – umusaza yararize, atiza umurindi nigitekerezo cy’uwomugore.

Abana bakomeza kurira no kuboroga, gusaabagore bari mubihe bigoyebyo kubahoza kugirango nk’umuvugizi abe yakumvikana.

– Yego, uzabura irindi jisho ryawe, – araturika n’uburakari, – kandi abenshi mwabuze byombi! Si umwaku cyane ko umugore yabura amaso ye kubw’impamvu ikomeye nk’iyi. Nawe ubwawe byagutera isoni, ntiwigeze utekereza kumibereho y’abana bawe. Reka kimwe cya kabiri cyacu turimburwe niyi mperuka, Ni irihe tandukaniro bitanga? Ijisho rimwe ni iki? Ese amaso yawe akumariye iki mugihe hari utureberera akanatuyobora kubyishimo? Ese tugomba kwita cyane ku ijisho n’akaguru k’umusaza?

– Arikubeshya! Ikinyoma cy’umusaza! Niwe ugaragaza ibitaribyo rero ashobora gusubirayo, – insubira jwi kuva mumpande zose.

– Bavandi, uwariwe wese udashaka kujya kure, – umuvugizi arongera asubiramo, – mureke asubireyo aho kugirango yerekane ko atanyuzwe noguca intege abasigaye. Nkibikurikirana, ngiye gukurikira uyu muyobozi w’umuhanga kugirango ngire icyo mukuraho!

– Twese tuzakurikira! kuva tukiriho tuzamukurikira!

Umuyobozi yaracecetse.

Buriwese atangira kumureba ana mwongorera:

– Abyakira mu intetekerezo ze!

– Umunyabwenge.

– Reba ku impanga ye!

– Ahora ahumirije!

– Nibyo koko!

– Ntabwoba agira! bigaragara kuri buri kimwe kimwerekeyeho.

– Ushobora kongera ukabivuga! inzitiro, senyenge, ibiti by’amhwa – yabiciyemo byose. Akubita inkoni arakaye, acecetse, kandi ugomba gufora icyari mumutwe.

(paje ikurikira)

Umuyobozi (1/3)

– Bavandimwe nshuti zanjye numvise ibitekerezo byanyu none ndabasaba kunyumva, Inama n’ibiganiro ntabwo byizewe kuva tukiri muri aka gace kabi cyane, muri ubu butaka bw’umusenyi n’amabuye ntakintu kihamera n’ubwo yaba imyaka y’imvura. Uretse muri aya mapfa tutigeze tubona, n’igihe ki tuzashyira hamwe tukavuga ibituri k’umutima? Inka zirapfa zabuze ibyo kurya, ndetse natwe a’abana bacu vuba aha bizatugeraho, tugomba gushaka ikindi gisubizo kuko nibyo byaba byiza kandi byumvikana. ndatekereza ko byaba byiza tuvuye muri ubu butayu tukajya ahandi gushaka ubutaka bwiza kandi bufumbiye kuberako tutashobora kubaho nk’uko tubayeho.

Gusa abaturage bo muntara z’ubutaka butera bavugiye rimwe mu ijwi rirushye mu inama. Hehe kandi ryari bitandebye cyangwa ngo bikurebe, Ndatekereza. Ni ibyingenzi kunyizera kuko byabayeho ahantu runaka imyaka myinshi ishize kandi birahagije.

Mubyukuri, igihe kimwe natekerejeko nshobora kuzana iyi nkuru yose, ariko buhoro buhoro nikuye muri ibi bitekerezo by’imbura mumaro. Ubu ndatekereza ko ngiye guhuza ibyabaye n’ibyagombaga kuba ahantu runaka mugihe runaka ndetse sinagombaga muburyo bwose kuba narabikoze.

Abumva, n’isura yitonze, irushye kandi ituje, yijimye mbese bitumvikana, n’intoki zabo mumi kandara, mbese bigaragarako biteguye kumva ayo magambo, buri jambo ryatekerezwagako harimo maji, ubutaka bwiza cyane bwari igihembo ku indushyi bwagombaga gutanga umusaruro ukwiriye.

– Ari m’ukuri, Ari m’ukuri – bongorerana kubyavuzwe ku impande zose.

– Aha hantu ni ha…fi…? – utugambo twari twinshi mu impande zose.

– Bavandimwe! – undi atangira avuga mu ijwi risanzwe – tugomba kumvira iyi nama byihuse kuberako tutakomeza kugenda gutya. Twagerageje twe ubwacu ariko byose byari mubushobozi bwacu. Twabibye imbuto twagombaga kwifashisha nk’ibiryo, ariko imyuzure yaraje itwara imbuto n’ubutaka by’ahantu hahanamye bituma hasigara amabuye masa.

– Dukwiye kuguma hano iteka ryose kandi tugakora amanwa n’ijoro gusa kugirango dukomeze gusonza no kwicwa n’inyota, kwambara ubusa ndetse ko kutagira inkweto? Dukwiye kuzibukira tukareba ibyiza biruseho ndetse n’ubutaka bufumbiye aho gukora cyane bitanga umusaruro uhagije.

– Reka tugende! Reka tugende nonaha kuko aha hantu ntihakwiye kuba uwariwe wese! – Bongorerana kandi buri umwe atangira kwigendera adatekereje iyo agiye.

– Tegereza, bavandimwe murajyahe? – uwambere atangira kuvuga. – Ni ukuri tugomba kugenda, ariko Atari uku. Dukwiye kumenya aho tugiye. Naho ubundi byarangira twisanze mukaga aho kugirango twitabare. Ndatekereza twahitamo umuyobozi tuzajya twubaha twese kandi uzajya atwereka inzira inzira nziza kandi yahuranije.

– Reka duhitemo! Reka duhitemo umuntu byihuse, – byarumvikanye hose. Gusa ubu impamvu zaravutse ndetse n’impagarara. Buri muntu yaravugaga kandi nta n’umwe wumvaga. Batangira kwicamo amatsinda, buri muntu yivugisha nyuma n’amatsinda arashwana. Batangira kuvugana bakoresheje intoki, bavuga, bagerageza gushishoza, bakururana amaboko y’imyenda ndetse bagerageza guhosha urusaku bifashishije ibiganza byabo. nuko baza guhura nanone bakivuga.

– Bavandimwe! – bitunguranye byasubiwemom ijwi rikomeye ryumvikanye hose – ntidushobora kugera ku isezerana nk’iri. Buri muntu ari kuvuga dore nta n’umwe uri kumva. Reka duhitemo umuyobozi, n’inde muri twe twahitamo? N’inde muri twe wagiye imihanda bihagije? Twese turaziranye neza, nubwo njye ntakiyemeza cyangwa ngo ngire umwana wanjye umuyobozi hano. Ngaho mumbwire uzi umugenzi waho wicaye mugicucu ku impande z’umuhanda muri iki gitondo.

Bitonze, bose bahindukirira umushyitsi baramwitegereza kuva k’umutwe kugera k’umano.

Umugenzi w’iyaka iringaniye kandi wirabura ndetse udakunze kuboneka k’ubwanwa n’umusatsi we, yicaye kandi acecetse nk’ibisanzwe, y’umva ibitekerezo by’abandi, kandi akubita ikibando cye hasi ibihe n’ibihe.

– Ejo hashize nabonye umuhungu muto unanutse. Bari bafatanye ibiganza bamanuka m’umuhanda. Gusa ejoro ryashize uwo muhungu yaragiye gusa umushyitsi yarasigaye.

– Bavandimwe, mureke twibagirwe izi mburamumaro kugirango tudatakaza igihe cyacu. Uwariwe wese uvuye kure cyane n’ubwo nta n’umwe muri twe umuzi kandi bigaragara ko yagerageza kutuyobora. Niko mbyumva ni umunyabwenge cyane kuberako yicaye hariya acecetse ndetse anatekereza.

Uwariwe wese muri twe yakagombye kuba yarivanze mu ibyacu inshuro cumi cyagwa zinarenze ubu cyangwa yakagombye kuba yaratangiye ibiganiro n’umwe muri twe, ariko yari ahicaye igihe cyose wenyine kandi ntacyo avuga.

Mu ibyukuri, umugabo yicaye atuje kuberako ari gutekereza ikintu runaka. Nta kindi uretse ko asobanutse cyane, yayobora abandi agatandira gutekereza k’utazwi nanone. Buri wese yari yavumbuye ubuhanba buhambaye bwari muriwe, ikimenyetso cy’ubwenge buhanitse yari afite.

Ntagihe kinini cyane cyashize avuga, n’uko bumvikana ko byaba byiza babajije umugenzi uwariwe uko byagaragaraga. Imana yamwohereje kubayobora mu isi kugirango haboneke igihugu cyiza n’ubutaka bwiza. Yagombaga kuba umuyobozi wabo kandi bagombada kumwunvira no kumwubaha nta kibazo.

Bahisemo abagabo icumi bo muri bo bagombaga kujya kureba utazwi ngo bamusobanurire imyanzuro yabo kuri we. Iri tsinda ryagombaga kwerekana intege nke zabo bakamusaba kubabera umuyobozi.

Ni uko icumi baragenda bicisha bugufi, umwe muri bo atangira kuvuga uburyo ubutaka bwako gace butera, imyaka bahuramo n’amapfa n’uburushyi bwabo k’uburyo bose bibonabamo, arangiza muri ubu buryo bukurikira;

Izo mpamvu zaduteye kuva mungo zacu duta n’ubutaka bwacu tuzerera mwisi dushaka ahari ubuturo bwiza. Tubaye nkabagera kumwanzuro, birasa nkaho Imana yatugiriye impuhwe, ikakohereza kuri twe natwe kuri wowe, umugenzi wumunyabwenge ufite n’ubutunzi bwinshi – kugirango utuyobore kandi udukure mumakuba yacu. Mwizina ryabatuye hano bose, turagusabye ngo utubere umuyobozi. Aho uzajya, tuzagukurikira. Uzi inzira kandi wavukiye ahantu heza kubutaka bwibyishimo. Tuzakumvira kandi tuzubaha amategeko yawe yose. Urabikora, mugenzi wumunyabwenge, emera kugirango ucyize roho nyinshi gupfa, Uratubera umuyobozi?

Igihe bavugaga aya magambo binginga cyane, umugenzi wumunyabwenge ntanubwo yigeze yubura umutwe. Igihe cyose yagumye mumwanya umwe atanyeganyega nkuko bamusanze. Yari yunamye, yakambije impanga, ntiyagira icyo avuga. Yafatanga kunkoni ye rimwe na rimwe agatekereza. Barangije kuvuga ayo magambo yose, avuga buhoro n’uburakari atanyeganyeze ati:

– Ndabayobora.

– Twajyana nawe gushaka ahantu heza?

– Yego! – atubuye umutwe.

Akanyamuneza ni ibyishimo bigaragara mumaso he, ariko ntiyagira icyo abivugaho.

Abo icumi bose bishimira insinzi yabo, bongeraho ko ubwo aribwo bagiye kubona ubwenge uwo mugenzi afite.

– Ntabwo yigeze ava mumwanya yari arimo cyangwa ngo yubure n’ umutwe byibura ngo arebe uwaruri kumuvugisha. Icyo yakoraraga ni ukwicara atavuga no gutekereza. Namagambo yose twavuze nibisingizo, yavuze amagambo abiri gusa.

– Umunyabwenge wukuri! Ubuhanga bwimbonekarimwe! – batera agasaku hejuru bishimye mu impande zose bavuga bati “Imana ubwayo yatwohereje umumarayika ava mwijuru kugirango adukize”. Bose bemeraga badashikanya ko bazagera kuntego nibayoborwa nuwo muyobozi uwo ntacyintu cyo mwisi nacyimwe cyari gusaba. Bafata umunsi ukurikiraho ngo bapange uko ibintu bizagenda.

(Paje ikurikira)